Ku izina rya Allah, Nyirimpuhwe, Nyirimbabazi. بِسۡمِ ٱللَّهِ ٱلرَّحۡمَٰنِ ٱلرَّحِيمِ
Ntakindi twasigiwe n'intumwa kitari Qoran

Ntakindi twasigiwe n'intumwa kitari Qoran

Ntabundi butumwa burenze kuri Qoran Muhamad yahawe, ntanibyo yaba yarasigiye abemera birenze kubutumwa yahawe

Qoran igitabo gisobanutse kizira amakemwa

Qoran igitabo gisobanutse kizira amakemwa

4:174 Yemwe bantu! Mu by’ukuri, mwagezweho n’ikimenyetso giturutse kwa Nyagasani wanyu; kandi twabahishuriye urumuri rugaragara

[25:27] (Unibuke) umunsi inkozi y’ibibi izirumagura intoki (yicuza ibyo yakoze) igira iti “Iyo nza kuba narayobotse inzira y’Intumwa (Muhamadi)!”

[25:28] “Mbega ibyago byanjye! Iyo nza kuba ntaragize kanaka inshuti magara!”

[25:29] Rwose yaranyobeje antesha gukurikira urwibutso (Qur’an), nyuma yuko rwari rwarangezeho. Kandi Shitani atererana umuntu.

[25:30] Nuko Intumwa (Muhamadi) iravuga iti “Nyagasani wanjye! Mu by’ukuri abantu banjye bitaruye iyi Qur’an (ntibayiha agaciro.)”